Mu
Rwanda bizihije imyaka 14 yo kwibohoza. Mu ijambo rya Perezida w'u Rwanda Paul Kagame, yavuze ko
biteye isoni ku banyarwanda bibohoje,
ariko bakaba bagitunzwe
n'abagiraneza. Yavuze ati « dukwiye kwishyura iby'abandi ».
Perezida Kagame yatangaje ko
inzira yo kwibohoza u Rwanda rurimo, ireba imbere kandi ari ukwihuta. Yagize
ati « Nyuma y'ubwigenge twamaze imyaka 32, turongera dusubira aho twahereye
tuyibara, iyo 32 iba imfabusa ». Yongeyeho ko ibitarayikozwemo byagombaga
kuyikorwamo byongerwa ku byo u Rwanda
rugomba gukora mu myaka iri imbere.
Ku rwego rw'igihugu, ku
itariki ya 4 Nyakanga mu mwaka wa 2008, ibirori byo kwizihiza umunsi wo kwibohoza
ku nshuro ya 14, byabereye mu karere ka
Muhanga mu ntara y'amajyepfo .
Kuri uwo munsi, ni naho hibutswe imyaka 46 ishize u Rwanda rubonye
ubwigenge. Itariki nyirizina yabwo ni itariki ya 1 y'ukwezi kwa 7, iba
ikiruhuko gusa ntiyizihizwa. Ifatanywa n'itariki ya 4 Nyakanga umunsi wo
kwibohoza ari nawo munsi ingabo zahoze ari iza FPR-INKOTANYI zafatiyeho u
Rwanda mu mwaka wa 1994.