VOANews.com

Kirundi▪ Kinyarwanda Amakuru y'Imvaho

 
Amakuru mu Ndimi Mirongo Ine na Zitanu
U Rwanda Kwinjira muri Gasutamo Imwe ya EAC


01/07/2009

Guhera ku itariki ya mbere z’ukwezi kwa 7 mu mwaka wa 2009, u Rwanda n’u Burundi nibwo byinjiye muri gasutamo imwe y’ibihugu bigize umuryango w’Afrika y’iburasirazuba, EAC. Ibicuruzwa bikorerwa muri ibyo bihugu, bizajya byinjira mu bihugu bigize EAC nta misoro n’amahoro bitanze.

Cyakora, kugira ngo u Rwanda rwirinde ihungabana ry’ubukungu bwarwo ryaturuka mu kwinjira muri iyo gasutamo imwe ya EAC, inama y’abaminisitiri yateranye ku itariki ya 26 z’ukwezi kwa 6 mu mwaka wa 2009, yemejwe urutonde rw’ibiribwa bizajya bicibwa amahoro anyuranye. Ijwi ry’Amerika ryagerageje gushakisha urwo rutonde nti twashobora kurubona.

Abanyarwanda batandukanye babwiye Ijwi ry’Amerika ko bateze byinshi kuri iyo gasutamo imwe ya EAC u Rwanda rwinjiyemo. Madamu Uwantege Speciose yagize ati” bizatuma ibiciro by’ibiribwa bimwe by’ibanze, nk’umuceri n’isukari byibura bigabanuka”.

Ukwinjira muri gasutamo imwe ya EAC k’u Rwanda n’u Burundi, bihuriranye no kuba ibyo bihugu bizatangira gukurikiza ingengo y’imari ya EAC, itangira mu kwezi kwa 7 ikarangira mu kwezi kwa 6 k’umwaka ukurikiyeho.


 


E-mail This Article Rungikira incuti iyi nyandiko
Print This Article Capa
  Inkuru Nyamukuru
Igikombe cy'isi cyasuye u Rwanda

  Andi Makuru
Igikombe c'Isi Yose i Bujumbura
Munyanganizi Yakatiwe Umwaka w’Igifungo
Igihembo cya Mbere mu Rwanda Cyitiriwe Umunyamakuru
Bikoro Munyanganizi yahawe umwaka w'igifungo mu bujurire
Inama ku Karere k’Ibiyaga Binini  Audio Clip Available
Abanya Pakistani Indwi Barafashwe n’Abaporisi mu Burundi
Imfungwa 8 zo muri Sierra Leone Zageze mu Rwanda
Mu Burundi, Ikiringo co Gusubiza Ibigwanisho ku Gushaka Carangiye 
Abaserukira Uburundi mu Butariyano no muri Kenya Batawe  mu Mpimba 
Urubanza rw’Ikinyamakuru Umuseso n’Umunyemari Rujugiro