VOANews.com

Kirundi▪ Kinyarwanda Amakuru y'Imvaho

 
Amakuru mu Ndimi Mirongo Ine na Zitanu
U Rwanda Kwinjira muri Gasutamo Imwe ya EAC


01/07/2009

Guhera ku itariki ya mbere z’ukwezi kwa 7 mu mwaka wa 2009, u Rwanda n’u Burundi nibwo byinjiye muri gasutamo imwe y’ibihugu bigize umuryango w’Afrika y’iburasirazuba, EAC. Ibicuruzwa bikorerwa muri ibyo bihugu, bizajya byinjira mu bihugu bigize EAC nta misoro n’amahoro bitanze.

Cyakora, kugira ngo u Rwanda rwirinde ihungabana ry’ubukungu bwarwo ryaturuka mu kwinjira muri iyo gasutamo imwe ya EAC, inama y’abaminisitiri yateranye ku itariki ya 26 z’ukwezi kwa 6 mu mwaka wa 2009, yemejwe urutonde rw’ibiribwa bizajya bicibwa amahoro anyuranye. Ijwi ry’Amerika ryagerageje gushakisha urwo rutonde nti twashobora kurubona.

Abanyarwanda batandukanye babwiye Ijwi ry’Amerika ko bateze byinshi kuri iyo gasutamo imwe ya EAC u Rwanda rwinjiyemo. Madamu Uwantege Speciose yagize ati” bizatuma ibiciro by’ibiribwa bimwe by’ibanze, nk’umuceri n’isukari byibura bigabanuka”.

Ukwinjira muri gasutamo imwe ya EAC k’u Rwanda n’u Burundi, bihuriranye no kuba ibyo bihugu bizatangira gukurikiza ingengo y’imari ya EAC, itangira mu kwezi kwa 7 ikarangira mu kwezi kwa 6 k’umwaka ukurikiyeho.


 


E-mail This Article Rungikira incuti iyi nyandiko
Print This Article Capa
  Inkuru Nyamukuru
Mukezamfura Yahawe Burundu y’Umwihariko

  Andi Makuru
Mutsindashyaka yahawe igifungo cy'umwaka
Umunyamakuru wa Rugari Asimbutse Gacaca
IBUKA Yongeye Guca Umubano na Arusha
Umunyamakuru wa Rugari muri Gacaca
Mutsindashyaka Theoneste Yatawe muri Yombi
Ingwara y'Akamangu k'Ingurube Iravugwa mu Burundi
Inama yo Kunagura Uburimyi mu Burundi
Ambasaderi wa Kongo Mushya Mu Rwanda
Amavubi Ntazajya Muri CAN 2010
J. Bosco Gasasira Ntazafungwa
Mu Rwanda, Indege Yagize Impanuka
Ibogozwa ry’Umushikiranganji mu Burundi 
Igikombe cy'isi cyasuye u Rwanda
Igikombe c'Isi Yose i Bujumbura
Munyanganizi Yakatiwe Umwaka w’Igifungo
Igihembo cya Mbere mu Rwanda Cyitiriwe Umunyamakuru